Back to top

Sabbath Bible Lessons

IBYIGISHO DUKURA MU NZANDIKO ZA PETERO (II)

 <<    >> 
Icyigisho 10 Ku Isabato, 07 Nzeri 2024

Gushyira ibihindizo ku Bwenge bwacu tukaburinda

ISOMO RYO KUZIRIKANWA: “Bakundwa, uru ni rwo rwandiko rwa kabiri mbandikiye. Muri izo zombi imigambi yanjye yari iyo gukangura imitima yanyu itarimo uburiganya, mbibutsa.” (2Petero 3:1).

“Tugomba guhora tuzirikana imigisha dufite. Dukwiriye kuyikusanyiriza hamwe maze tukayibuka mu bwenge bwacu. Ni shusho bwoko ki iri aho ngaho uyu munsi?” – Urwibutso n’Integuza, kuwa 26 Werurwe 1889.

Ibitabo Byifashishijwe:   Ibitabo Byifashishijwe 

Kuwa Mbere 01 Nzeri

1. UMUHAMAGARO UGOMBA KUZIRIKANWA MU BWENGE

a. Ni gute kandi ni ukubera iki Petero ahamagarira ubwenge bwacu kugira imbaraga? 2Petero 3:1.

“Igihe abagabo n’abagore bazaba bamaze gusobanukirwa mu buryo bwuzuye ubunini bw’igitambo gikomeye cyatanzwe n’Umwami wo mu ijuru igihe yapfaga mu cyimbo cy’umuntu, ubwo nibwo inama y’agakiza izahabwa agaciro, ndetse gutekereza kuri Kaluvari bizakangura amarangamutima afite imbaraga, y’impuhwe kandi yera mu mutima w’Umukristo. Guhimbaza Imana n’Umwana w’intama bizaba mu mitima yabo no ku minwa yabo. Ubwibone no kwishakira isumbwe ntibishobora kwera imbuto mu mitima ikomeza gutekereza ibyabereye i Kaluvari. Iby’iyi si bizagira agaciro gato ku bishimira igiciro gikomeye cyo gucungurwa k’umuntu, aricyo maraso y’igiciro cyinshi y’Umwana w’Imana ikunda. Ubutunzi bwose bwo ku isi ntabwo buhagije ngo bucungure ubugingo bw’umuntu umwe wenda kurimbuka. Ni nde ushobora kugera urukundo Kristo yumvaga afitiye abari mu isi yazimiye igihe yari amanitswe ku musaraba, ababazwa kubw’ibyaha by’abantu bacumuye? Uru rukundo ntirwashoboraga kugerwa, ntabwo rurondoreka.” – Ibihamya by’Itorero, vol 2, p.212.

“Yoo, iyaba imbaraga zose zashyizwe mu bidafite umumaro zashyirwaga ku kintu kimwe gikomeye; ibintu byinshi bigize ubuntu bw’Imana muri ubu buzima, mbega ubuhamya twashoboraga kuzirikana mu bwenge bwacu, tugahoza intekerezo ku mbabazi n’ineza by’Imana!.... Ubwo nibwo iyo ngeso izaba ihame ridakuka rihatse ubutunzi bw’iby’umwuka, tubikoranye umwete no kwihangana, nkuko abarwanashyaka b’isi bakorana umuhati kugirango babone iby’isi kandi by’igihe gito.” – Our High Calling, p.188.


Kuwa Kabiri 02 Nzeri

2. IKIGOMBA KUBIKWA MU BWENGE

a. Ni ikihe kintu gikomeye cyane tugomba kwibuka kandi ni ukubera iki? 2Petero 3:2; Zaburi 119:11.

“Kenshi ibishuko bisa nk’ibitari ibyo gutsindwa bitewe n’uko ugeragezwa yirengagiza gusenga no kwiga Bibiliya, maze ntiyitegure kwibuka amasezerano y’Imana no guhangana na Satani yitwaje intwaro zo mu Byanditswe. Ariko abamarayika bahora hafi y’abashaka kwigishwa ibyo mu ijuru; kandi mu gihe bibaye ngombwa cyane bazabibutsa ukuri kose bazaba bakeneye. “Nuko rero, ubwo umwanzi azabatera ameze nk’umugezi uhurura cyane, Umwuka w’Uwiteka azabagota abarinde umubi.” Yesaya 59:19.

“Yesu yasezeraniye abigishwa Be ati, “Ariko Umufasha ariwe Mwuka Wera, uwo Data azatuma mu izina ryanjye ni we uzabigisha byose abibutse ibyo nababwiye byose.” (Yohana 14:26). Ariko inyigisho za Yesu zikwiriye kubanza kubikwa mu ntekerezo kugira ngo Umwuka w’Imana azabashe kuzitwibutsa mu gihe cy’akaga.” – Intambara Ikomeye, p.599,600.

b. Tanga ingero z’ibintu by’ingirakamaro bibikanwa mu bwenge bwacu n’amateka ya Bibiliya ndese n’inyigisho. Luka 1:67 – 70; Ibyakozwe n’Intumwa 3:20,21.

“Bibiliya niyo mateka abantu bafite amaze igihe kirekire cyane kandi akubiyemo byose. Yaturutse kuri Soko y’ukuri kw’iteka ryose; kandi kwera kwayo kwagiye kurindwa n’ukuboko kw’Imana mu bihe byose. Imurika umucyo wayo mu bihe bya kera cyane aho ubushakashatsi bwa muntu bugerageza kwinjira ariko bikaba iby’ubusa. Mu ijambo ry’Imana honyine niho tubonera imbaraga zashinze imfatiro z’isi, kandi zikabamba ijuru. Muri iryo jambo honyine niho dukura inkuru y’impamo ivuga inkomoko y’amahanga. Muri ryo niho honyine havugwa iby’amateka y’inyokomuntu atarahindanyijwe n’ubwibone n’urwikekwe bya muntu.” – Uburezi, p.173.

“Intekerezo zanjye zari ziremerewe no kwandika ku mateka y’Isezerano rya Kera. Mbabazwa no kubona bene data na bashiki banjye bagaragariza ukuri kwa Bibiliya mu mibereho yabo ya buri munsi inshuro nke cyane. Kugirango tube abaneshi dukeneye kumenya ko hari urugamba rugomba kurwanywa. Tunezezwa no kumenya ko binyuze mu mbaraga z’ubuntu bw’Imaba zidukomeza, nta gushidikanya tuzatsinda. Imana ifite imbaraga ziruta iz’umwanzi waguye.” – The Bible Training School, June 01, 1903.


Kuwa Gatatu 03 Nzeri

3. IKIMENYETSO CYA GIHANUZI CYARASOHOYE

a. Ni iki kiri kubaho muri iyi minsi y’imperuka kigatuma ukwizera kwa benshi guhungabana? 2Petero 3:3.

“Uburyo busanzwe bwo kwigisha urubyiruko ntabwo buhuye n’igipimo cy’uburezi nyakuri. ibyiyumvo by’abatizera bigendana n’inyigisho ziboneka mu bitabo by’amashuri, kandi amagambo y’Imana ashyirwa mu buryo butuma ashidikanywaho cyangwa agafatwa nk’ayoroheje adafite agaciro. Bityo ibitekerezo by’abasore bigenda bimenyera inama za Satani, kandi ku bantu babishidikanyaho, ibyo bashidikanyagaho bihinduka ibintu by’ukuri bifatika, kandi ubushakashatsi bw’abahanga mu bya siyansi bugenda buyobya abantu bitewe n’ukuntu ibyo bavumbuye bisobanurwa kandi bikavuguruzwa. Abantu biha ububasha bwo gushyira ijambo ry’Imana imbere y’urukiko rutaramba, maze ibyahumetswe n’Imana bigacirwa urubanza mu buryo buhuje n’urugero rw’imitekerereze y’umuntu utaramba, maze ukuri kw’Imana kukagaragara nk’ikintu kidashidikanywaho imbere y’inyandiko za siyansi…. Mu gihe bagombaga kuba barashoboye gutuma abantu bashidikanya bagira ukwizera, biyemereye ko na bo ubwabo batari bazi neza niba ijambo ry’Imana cyangwa ibyo bita ko ari ibya siyansi bavumbuye, ari ukuri. Abari bafite umutimanama uhamye by’ukuri, bagiye bateshuka ku kwizera kwabo bitewe n’uko abiyitaga ko basobanura Bibiliya batashikajwe no gusohoza amagambo mazima yayo. Satani yagiye ahabwa urwaho rwo gutera umutima gushidikanya, kandi binyuze mu bakozi be batagaragara, yagiye yifashisha uburiganya bwe maze abantu bagwa mu mutego we wo gushidikanya.” – Amahameshingiro y’Uburezi bwa Gikristo, p.328,329.

b. Ni izihe mpuguro Pawulo atanga ku byerekeye ibi ngibi muri iki gihe? 1Timoteyo 6:20.

“Kuba ibyaremwe bidahinduka byagiye bigarukwaho cyane, kandi ibitekerezo byo gushidikanya byagiye byemerwa n’abantu bafite imitekerereze yo gushidikanya kubera ko bitari bihuje n’amategeko yera y’Imana, ariyo rufatiro rw’ubutegetsi Bwayo mu ijuru no mu isi. Kuba bafite kamere ibogamira ku bibi, byatumye bahitamo inzira z’ibinyoma, kandi bashidikanya ku birebana n’ukubonera kw’ibyanditswe ndetse n’amateka biboneka mu isezerano rya Kera n’Irishya. Kubera ko na bo ubwabo bari barandujwe n’ikinyoma, bagiye bashakisha uburyo bwo bwose bwo kubiba imbuto z’ugushidikanya mu bwenge bw’abandi. Ibyaremwe bishyirwa hejuru y’Imana yabiremye, kandi ukwizera koroheje kurarimburwa; kuko urufatiro rw’ukwizera rugaragara ko rudashingiye ku kuri. Kubera ko imitima y’abashidikanya iheranwa n’ubukobanyi, irekerwa mu kwikubita ku bitare by’ukutizera.” – Ibid, p.329,330.


Kuwa Kane 04 Nzeri

4. UGUHUMEKWA KWARI KUGAMIJWE

a. Uretse gutuma tureka urufatiro rw’ubutware bw’Ibyanditswe Byera, mbese ibitero bya Satani byibanda ku kihe kintu kindi? Ibyahishuwe 12:17; 19:10.

“Satani afite umugambi wo guca intege ukwizera ubwoko bw’Imana bufite ku Bihamya. Akurikizaho gushidikanya ibirebana n’ingingo zikomeye ukwizera kwacu gushingiyeho, arizo nkingi z’icyemezo dufata, noneho hakaza gushidikanya Ibyanditswe Byera, nyuma y’ibyo bakamanuka bajya mu irimbukiro. Igihe ibihamya byigeze kwizerwa bishidikanyijwe ndetse bikarekwa, Satani aba aziko abayobejwe batazagarukira aho; nuko agakaza umurego kugeza ubwo abashoye mu kwigomeka ku mugaragaro. Bagera aho badashobora kubireka maze amaherezo yabo akaba kurimbuka.” – Ibihamya by’Itorero, vol 4, p.211.

“Igishuko giheruka cya Satani kizaba icyo gutuma ubuhamya bw’Umwuka w’Imana budatanga umusaruro. “Aho guhishurirwa kutari abantu bigira ibyigenge” (Imigani 29 :18). Satani azakorana ubuhanga bukomeye, mu nzira zitandukanye kandi anakoreshe abakozi batandukanye kugira ngo arandure icyizere ubwoko bw’Imana bwasigaye bufitiye ibihamya nyakuri. Azazana amayerekwa y’ibinyoma kugira ngo ayobye, kandi azavanga ukuri n’ibinyoma, maze muri ubwo buryo azinure abantu bitume ibyitwa amayerekwa byose babyita ubwaka. Nyamara kubwo kugereranya ukuri n’ibinyoma, abantu b’abiringirwa bazabasha gutandukanya ukuri n’ibinyoma.” – Ukwizera Kumbeshejeho, p.296.

b. Bigenda bite igihe abavuga ko bizera ubutumwa bwa marayika wa gatatu batangiye gushidikanya ibihamya, kandi ni kuki akenshi bagenza batyo? Yohana 3:19,20.

“Nzi akaga kakugarije. Nutagirira Ibihamya icyizere uzava mu kuri kwa Bibliya. Natewe ubwoba nuko abantu benshi bahitamo kugira icyizere gike no gushidikanya, bityo mbabajwe n’ubugingo bwanyu ndababurira. None se, ni bangahe bazita kuri uwo muburo? Mbese ubu ngubu wakira ibihamya bitangwa mu nzira unyuramo, bigakosora amakosa yawe, kandi se wumva ufite umudendezo usesuye wo kwemera cyangwa kwanga igice icyo aricyo cyose cyangwa byose? Igice utifuza kwakira nicyo ukeneye cyane. Imana na Satani ntibajya bakorana. Ibihamya biba bifite ikimenyetso cy’Imana cyangwa icya Satani. Igiti cyiza ntigishobora kwera imbuto mbi, kandi n’igiti kibi ntigishobora kwera imbuto nziza. Muzabamenyera ku mbuto zabo. Niko Imana yavuze. Ni nde wahindishijwe umushyitsi n’ijambo Ryayo?” – Ibihamya by’Itorero, vol 5, p.98.


Kuwa Gatanu 05 Nzeri

5. UBUTUNZI BUKUBIYE MU BUTUMWA BWO MURI IKI GIHE

a. Ni ukubera iki ari ngombwa kumvira ibihamya Imana yoherereza ubwoko Bwayo binyuze mu mwuka w’ubuhanuzi, by’umwihariko muri iyi minsi y’imperuka? Imigani 29:18 (ahabanza); Hoseya 12:13; 2Ngoma 20:20 (ahaheruka).

“Uwiteka arahamagarira abantu ivugurura ry’igihamya kidakebakeba cyatanzwe mu myaka yashize. Arabahamagarira ivugururwa ry’ubuzima bw’iby’umwuka. Imbaraga z’iby’umwuka z’ubwoko Bwe zimaze igihe kirekire zisinziriye, ariko hagomba kubaho kuzuka bakava mu rupfu. Tugomba guharura inzira y’Umwami tubinyujije mu gusenga no kwatura ibyaha. Mu kugenza dutyo, imbaraga y’Umwuka izatuzaho. Dukeneye imbaraga ya Pentekote. Igihe dukora ibi, imbaraga y’Umwuka izaza kubera ko Uwiteka yasezeranye kohereza Umwuka We nk’imbaraga inesha byose.

“Ibihe by’amakuba biri imbere yacu. Umuntu wese uzi ukuri akwiriye gukanguka maze uko yakabaye, umubiri, ubugingo, n’umwuka, akishyira munsi y’ubuyobozi bw’Imana. Umwanzi atwoga runono. Tugomba kuba maso cyane tukamwirinda. Tugomba kwambara intwaro zose z’Imana. Tugomba gukurikiza amabwiriza yatanzwe binyuze mu mwuka w’ubuhanuzi. Tugomba gukunda no kumvira ukuri kugenewe iki gihe. Ibyo bizaturinda kwemera ubuyobe bukomeye. Imana yavuganiye natwe mu ijambo Ryayo. Yavuganiye natwe kandi mu bihamya by’itorero ndetse no mu bitabo byafashije gusobanura neza inshingano yacu muri iki gihe ndetse n’umwanya twagombye kuba turimo ubu. Imiburo yatanzwe umurongo ku murongo n’itegeko ku itegeko, ikwiriye kumvirwa. Mbese nituyisuzugura, ni uruhe rwitwazo dushobora kuzatanga?

“Ndinginga abari gukorera Imana ngo be kwemera ibyiganano babiguranye iby’ukuri. Mureke he kugira imitekerereze ya muntu ishyirwa aho ukuri kw’Imana kandi kweza kwagombye kujya. Kristo ategereje gukongeza ukwizera n’urukundo mu mitima y’ubwoko Bwe. Mureke he kugira inyigisho z’ubuyobe zakiranwa ubwuzu n’abantu bagombye kuba bahagaze bashikamye ku rufatiro rw’ukuri kw’iteka. Imana iraduhamagarira gushikama tutanyeganyega ku mahame y’ibanze ashingiye ku butware butavuguruzwa.” – Ababwiriza b’Ubutumwa Bwiza, p.307,308.


Kuwa Gatandatu 06 Nzeri

IBIBAZO BYO KUZIRIKANWA

1. Ni ibihe bintu ntekerezaho cyane ku buryo ngomba kubisimbuza ibirushijeho kuba byiza cyane?

2. Ni gute nakwitegura guhangana n’ibigeragezo bikomeye mu gihe kiri imbere?

3. Ni ibihe bintu nize mu mashuri byagiye bivuguruza ukwizera kwanjye?

4. Ni ukubera iki umwanzi w’imitima yiyemeje guharabika ibihamya?

5. Ni ukubera iki ngomba kumara igihe kinini kurutaho ndi kubyiga kandi nkabyishimira?

 <<    >>