a. Ni ibihe bintu by’agahebuzo biranga Imana tutagomba kwibagirwa? Zaburi 37:25,26; Abafilipi 4:19.“Ubuntu bw’Imana bwashyizwe ku byokurya bike ni bwo butuma bihaza bose. Ukuboko kw’Imana gushobora gutubura [ibyo byokurya] inshuro ijana. Imana ikoze mu butunzi bwayo, ishobora gutunganya ameza magari mu butayu. Kubw’ikiganza cyayo, ishobora gutubura utwokurya duke cyane igatuma duhaza abantu bose. Imbaraga zayo ni zo zatuburiye imitsima na sayiri mu biganza by’abana b’abahanuzi….“Kandi n’igihe Yesu yategekaga abigishwa be kugaburira imbaga y’abantu, abigishwa baramusubije bati: “Dusigaranye imitsima itanu n’ifi ebyiri, keretse twagenda tukagurira aba bantu bose ibyokurya.” Luka 9:13. Mbese ibi byamarira iki abantu benshi bangana batya?“Aha hari icyigisho ku bana b’Imana bo mu bihe byose. Iyo Uwiteka atanze umurimo ugomba gukorwa, nimutyo he kugira umuntu n’umwe uhagarara ngo yibaze ku gushyira mu gaciro kuri muri iryo tegeko cyangwa ngo yibaze ku musaruro ushobora kuva mu muhati wo kumvira iryo tegeko. Ibiri mu biganza byabo bishobora kuba bidahagije ngo bikemure ubukene buhari; ariko mu biganza by’Uwiteka bizagaragara ko ari byinshi ndetse birenze urugero….“Ubukene bukomeye cyane itorero rifite muri iki gihe ni ubwo gusobanukirwa byuzuye isano n’umubano Imana ifitanye n’abo yaguze impano y’Umwana wayo. Ni ukwizera gukomeye cyane kuko hazabaho iterambere ry’umurimo wayo ku isi. Nimutyo he kugira umuntu n’umwe uta igihe cye ababazwa n’ubuke bukabije bw’ibyo afite bigaragarira amaso. Iby’inyuma bigaragarira amaso bishobora kudatanga icyizere, ariko imbaraga no kwiringira Imana bizatubura ibihari. Impano izaniwe Imana umuntu ayishima kandi asenga asaba umugisha wa Yo, izayitubura nk’uko yatubuye ibyokurya byahawe abana b’abahanuzi ndetse n’ibyahawe imbaga y’abantu bari bananiwe kandi bashonje.” – Abahanuzi n’Abami, p.241 – 243.
6. IBIBAZO BYO KUZIRIKANWA Kuwa Gatandatu 28 Werurwe
1. Sobanura inyifato abantu bari bafite igihe bumvaga amagambo ya Kristo.2. Ni gute Umwami yabahaye ibyo bari bakeneye mu buryo bw’umubiri?3. Ni iki twakwigira ku buryo Kristo yashyize imbaga y’abantu kuri gahunda?4. Ni iki ngomba kwibuka igihe cyose hagize umbwira ngo “Mube ari mwe mubagaburira”?5. Vuga ibihe wahawemo ubuntu bw’Imana mu buryo bw’umwihariko.